NOHERI(CHRISTMAS)
WARUZI INKOMOKO YA
NOHERI :
Mbese koko umunsi mukuru wa Noheli ni wo munsi wo kuvuka
kwa Yesu ? Mbese koko Yesu yavutse ku ya 25/12 ? None se Paulo n’izindi ntumwa za Yesu
bizihije umunsi mukuru wa Noheli ? Bibiliya se hari icyo iwuvugaho ?
Mureke tubitekerezho! Mbega uburyo ari ingume cyane,
abasobanukiwe impamvu n’inkomoko y’imihango ikorwa mu madini barimo! Abantu
benshi bibwira ko umunsi mukuru wa Noheli ari umwe mu minsi mikuru yemewe na
Bibiliya, bityo bakizera ibintu mu buryo bw’ubuhumyi, batiriwe bagira icyo
babyibazaho. Bakibwira ko Yesu yavutse ku ya 25/12, kandi ko
Bibiliya na yo ari ko ibivuga.
Ibyo abantu batekereza kuri uwo munsi mukuru byo ni
byinshi, ariko mureke tubaze Bibiliya n’amateka (histoire), ibyacu
tubyirengagize, ni bwo turamenya ukuri.
Umunsi mukuru wa Noheli, mu Cyongereza ni wo bita
« Christmas ». Iryo jambo risobanura ngo « Umunsi mukuru wa
Kristo ». Mu by’ukuri, uyu munsi mukuru kimwe n’indi myinshi abantu
bizihiza, washyizweho na Kiliziya Gatolika y’i Roma. Biradusaba kumenya aho na
bo bawukuye !
Uwo
munsi mukuru kera wahoze wizihizwa n’abapagani. Bari basanzwe bwizihiza ku
itariki ya 25/12, ari umunsi mukuru w’imana zuba (le dieu
soleil). Soma Ezekieli 8:14-16; Yeremiya 14:15-19
Kubahiriza
itariki ya 25/12 nk’umunsi wo kuvuka wa Yesu, ni kimwe mu binyoma
byo mu minsi y’imperuka, nk’uko byahanuwe ngo « … kuko igihe kizaza
batazihanganira inyigisho nzima, ahubwo kuko amatwi yabo azaba abarya yifuza
kumva ibibanezeza, bazigwiriza abigisha bahuje n’irari ryabo, kandi baziziba
amatwi ngo batumva ukuri, bazayoba bakurikize imigani y’ibinyoma. » (2
Timoteyo 4:3-4)
Muri Luka
2:8 turabwirwa ngo « Muri icyo gihugu harimo abungeri bararaga ku
gikumba bahindana kurinda umukumbi wabo. » Naho muri Luka 1:24-26 haratubwira
ngo « … Bukeye umugore we Elizabeti asama inda, abihisha amezi atanu … Mu
kwezi kwa gatandatu, marayika Gaburiyeli atumwa n’Imana mu mudugudu w’i
Galilaya witwa i Nazareti... ». Mbese ko malaika yasanze Mariya akamubwira
ngo azasama inda, ntiyamubwiye ngo « usamye inda », ngo wenda duhere
ubwo tubara, kandi twemere ko Yesu yavukiye igihe kingana n’icy’abandi bana
(amezi 9). Niba marayika Gaburiyeli yarasanze Mariya mu kwezi kwa 6, amadini
akavuga ko yavutse mu kwa 12, babivanye he ? Na none muri Palestina bafite
ibihe 4 by’umwaka ari byo: umuhindo (printemps), impeshyi –icyi (été), urugaryi
(automne) n’itumba (hiver). Kandi dusoma mu gitabo cy’Ubusobanuro bwa
Bibiliya (SDA Bible Commentary), vol.5, p.386 yuko mu Bisirayeli nta
bashumba cyangwa amatungo byabaga bikiri mu misozi no mu rwuri mu kwezi kwa 10
n’ukwa 12, ukwa 1 n’ukwa 2, kuko ari igihe cy’ubukonje bukabije. Ubwo bukonje
burangiye ni bwo Abisirayeli batangiraga ukwezi kwabo kwa mbere bitaga HABIBU.
Nta kuntu rero Yesu yavutse mu kwa 12, kuko guhera mu kwa 9 cyabaga ari igihe
cy’imvura n’ubukonje byinshi cyane. (Ezira 10:9, 12-13).
None
bigeze mu kwa 12, ari igihe cy’ubukonje, byo byari bibi kurutaho, kuko amatungo
n’abantu byari kwicirwa n’ubukonje n’imvura mu misozi. None se koko niba bimeze
bityo, ubwo murabona byashoboka bite ko abashumba bari kuba mu misozi kugeza
icyo gihe. Dusubire muri Luka 2:8.
Umunsi wo kuvuka kwa Yesu ntabwo uzwi. Iyaba Imana
yarashatse ko abantu bubahiriza umunsi mukuru w’ivuka rya Yesu, ntiba
yarawuduhishe! Na Yesu ubwe aba yarakoze iyo sabukuru yo kuvuka kwe, akajya
awizihiza mu gihe yari akiri ku isi, ndetse natwe aba yarabidutegetse, none nta
somo na rimwe rya Bibiliya riduhamiriza ibyo. Abakristo ba mbere hamwe
n’intumwa za Yesu, ntibigeze na rimwe bubahiriza uwo munsi mukuru wa Noheli,
ahubwo niumunsi Kiliziya Gatolika
yishyiriyeho, igihe iryo dini ryari rimaze kwihuza n’ubutegetsi bwa gipagani
(ibyo kwihuza kwabo byabaye mu gihe cy’Umwami w’Abami Konstantini wa Roma
Mpagani), kuko wari usanzwe ari umwe mu minsi mikuru ya gipagani.
Mu gitabo Encyclopédie catholique,
ku ngingo ivuga ngo « Christmas » (Noheli), dusangamo
aya magambo : « Noheli si umwe mu minsi mikuru yashyizweho n’Itorero rya
mbere, ahubwo ni umunsi mukuru ukomoka mu bapagani ». No mu gitabo « Encyclopédie
britanique » baravuga ngo « Nta na rimwe Noheli yigeze
iba umwe mu minsi mikuru yashyizweho n’itorero rya mbere kandi ntiyashyizweho
na Kristo, ahubwo yakomotse mu bupagani ». Muri Encyclopédie
ya Amerika, ho haravuga ngo « Noheli ntiyigeze yizihizwa
n’abakristo ba mbere, kuko ubundi bari bafite umugenzo wo kwibuka umunsi wo
gupfa kuruta uko bibuka uwo kuvuka ».
Noheli rero yaseseye mu itorero mu kinyejana cya 4 (4ème siècle)
nyuma ya Kristo, bigeze mu kinyejana cya 5 Gatolika itegeka ko uwo munsi
ukwiriye kwitabwaho. (Byategetswe na Papa YULI wa 35: Wowe
nkurikira N°15, Uruhererekane rw’Abapapa, p. 11). Wari usanzwe ku ya
6/1.
Mwibuke ko mu kinyejana cya 3 n’icya 4, isi yose
yayoborwaga n’Abaroma, bari bacyitwa Roma Mpagani. Mbere y’icyo gihe Abakristo
barenganijwe n’ubwo butegetsi bwa gipagani, bufatanije n’ubuyobozi bw’idini
y’Abayuda (Ibyakozwe 26:10-11; Matayo 26:57-68; 27:11-26; Yohana 18:12-14)
Mu gihe cyo kwima k’Umwami w’Abami (Empéreur) CONSTANTIN,
yifatanya n’abakristo gito. Abaturage bose binjira mu itorero hakoreshejwe
imbaraga, binjirana n’imihango yabo ya gipaganiK. Ubwo bari basanganywe umunsi
mukuru wo ku itariki ya 25/12, wari umunsi mukuru bakundaga
cyane, kuko bawukoreragamo ibyo bifuza byose, kandi bagahana n’impano
(cadeaux).
Ni na bwo kandi ibyo kuruhuka umunsi wa mbere w’icyumweru
(dimanche) byinjijwe mu itorero, kuko abapagani bari basanzwe bawuruhukaho
basenga imana yabo (imana zuba), ari na yo mpamvu na n’ubu witwa umunsi w’izuba
« sunday » mu Cyongereza. Bitewe n’uko abakristo n’abapagani bari
bivanze, Yesu bamugereranya n’izuba, kuko n’ubundi ari we « Zuba ryo
gukiranuka » (Malaki 3:20/4:2), maze umunsi mukuru w’izuba
bawuhindura umunsi mukuru wo kuvuka k’Umwana w’Imana.
Abapagani
bo bawukuye he ?
Inkomoko
yawo ni muri Babuloni ya mbere ya
NIMURODI (Nimrod), wabayeho kera
mu gihe cyakurikiye umwuzure wo ku bwa Nowa. Nimurodi uwo ni mwene Kushi, Kushi
na Hamu bakaba bene Nowa (Itangiriro 10:610). Uwo ni we watangije
Babuloni, ari na wubakishije umunara w’i Babeli (Tour de Babel), ni yo yagiye
irimbura amahanga ikanabohera abatuye isi mu bishuko no mu buyobe. Nimurodi ni
we watangije Niniwe n’indi midugudu. Ijambo Nimurodi mu Giheburayo rikomoka ku
ijambo Marad, risobanura ngo “uwigometse”. Ni koko, Nimurodi yarwanyije Imana
cyane (Itang.1:28). Imana iti “Mugwire mwuzure isi”; Nimurodi ati
“Mureke twiyubakire umudugudu n’inzu y’amatafari ndende igere ku ijuru twe
gutatanira gukwira mu isi yose.” (Itang.11:4).
Nimurodi
yari mubi bikabije, dore ibindi yakoze: yacyuye nyina Semiramis aba nyina
n’umugore we. Nyuma yaje gupfa urumutunguye, wa mugore we akaba na nyina
atangira kwamamaza inkuru z’ibinyoma avuga kko Nimurodi ariho mu buryo
bw’Umwuka (en tant que être spiritual). Yerekana ishami ryashibutse ku
gishyitsi cyumye avuga ko byabaye mu ijoro, kandi ko ari igihamya n’ikimenyetso
yuko Nimurodi ariho. Buri munsi mukuru wo kwibuka Nimurodi ngo nyina we
(umugore we) yazaga gusura icyo giti, maze bakahashyira amaturo, uko ni ko uwo
mugore yabeshyaga.
Bityo
umunsi mukuru wo kwibuka Nimurodi bawushyira tariki ya 25/12 buri
mwaka. Aho ni na ho Noheli yakomotse, ibya Nimurodi bihindura isura.
Uko
ni ko Noheli yinjiye mu bakristo ivuye mu bapagani. Twagombye kuyita irindi
zina, ariko ntibyayibuza kuba umunsi mukuru wa gipagani wo gusenga imana-zuba,
nta cyahindutse.K uretse izina gusa, “injangwe” mushobora kuyita “ingwe”, ariko
ntibyayibuza gukomeza kuba “injangwe”.
Gusenga
umwana na nyina byakomeje kuba akarande mu isi. Mu bihugu bitari bimwe n’indimi
zitandukanye, icyo kigirwamana cy’umwana na nyina byagiye byitswa ISIS na
OSIRIS. Muri Aziya bacyita CYBELE
na DEOIUS. I Roma ya gipagani ni FORTUNE na
JUPITERPUER.
Mu kinyejana cya 4 n’icya 5 igihe abapagani b’i Roma
binjiye mu bukristo bakomeje kugandira imihango ya gipagani, batibagiwe uwo
kuramya uwo mwana na nyina. Buri gihe umwaka utashye muri iyi minsi dukunda
kumva indirimbo yo kuri Noheli ivuga ngo “Oh! Ijoro ryiza, Oh! Ijoro ryera”
“Umwana na nyina”.
Nimurodi bamushushanya na “Yesu”, naho nyina wa Nimurodi
bamuhindura “Mariya”. Ikindi kandi Bibiliya ntitubwira ko dukwiriye gusenga
Mariya. Intumwa n’abakristo ba mbere ntibigeze babikora, kandi Bibiliya
itubwira ko twubatse ku rufatiro rw’intumwa n’abahanuzi. (Abefeso 2:20)
Ndetse ahubwo Bibiliya iduhamiriza ko mu babayeho
ku isi bose, uretse Yesu, nta n’umwe muri bo uruta Yohana Umubatiza. (Matayo
11:11-14)
Malayika yabwiye Mariya amuramutsa ati « Ni
amahoro uhiriwe! Umwami Imana iri kumwe nawe » (Luka 1:28, 42). Ariko
mu bitabo by’Abagatalika iri somo barisobanuye batya ngo « Urahiriwe
kuruta abandi bagore ». Icyakora koko yarahiriwe, ariko ntibisobanura
yuko akwiriye gusengwa ngo ahindurwe nk’Imana kandi ari umuntu. We ubwe
ntiyabidusabye, ahubwo araturangira umuhungu we ngo icyo adutegeka tugikore. (Yohana
2:5)
Wabyemera wabyanga, kwizihiza umunsi mukuru wa Noheli
biracyari ukuramya imana zuba (NIMURODI). Ariko Uwiteka ategeka abakozi be
babwiriza ubutumwa bwiza ati « Shyira ejuru uvuge cyane we kugerura,
rangurura ijwi ryawe nk’ikondera ubwire ubwoko bwanjye ibicumuro byabwo, ubwire
inzu ya Yakobo ibyaha byabo ». (Yesaya 58:1)
Ibyo ni ubuhakanyi Satani yazanye mu isi kugira ngo yose
ayiyobeshe uburiganya bwe. Ni yo mpamvu yihinduye nka marayika w’umucyo, kimwe
n’abagaragu be bigira nk’abagabura iby’Imana (2 Korinto 11:12-15)
Imana
ibahe imyumvire myiza mwizina yesu.