Sep 17, 2015

UMURYANGO MWIZA MU GIHE KIBI.


UMURYANGO MWIZA
MU GIHE KIBI



Basomyi dukunda, muri iri hinduka ryihuta ry’ibihe, icyo umwanzi Satani yibasiye cyane, ni Imana n’umuryango. Uwo mwanzi utagoheka yagambiriye akomeje guhindanya ubwenge bw’umuntu, asanga nta kundi yabigeraho, uretse guteza imiryango ubujiji, ubugoryi, ingeso mbi, uburiganya, gahunda nke no kutizera.
Icyo byabyaye ni umwiryane w’abashakanye, ubuhanya, ubwumvikane buke mu muryango, n’abana b’ibirara n’abagome.


Kuri ubu rero, ivugurura n’ubugorozi bibazigamiye ibanga ryo gukangura umuryango, kuwuvugurura no kuwuha icyerekezo gishya kiganisha ku iyobokamana nyakuri, rirangwa n’uburere mboneragihugu n’amahoro asesuye yo mu muryango.


« Kuko uzatungwa n’imirimo y’amaboko yawe, uzajya wishima, uzahirwa. Umugore wawe azaba nk’umuzabibu wera cyane mu kirambi cy’inzu yawe, abana bawe bazaba nk’uduti twa elayo, bagose ameza yawe. Uko ni ko umuntu wubaha Uwiteka azahirwa. » (Zaburi 128:2-4)


Umuryango mwiza urangwa n’ubumwe, ubwenge n’ubwumvikane byose bikayoborwa na gahunda inoze kandi isobanutse.
Iyo aya mahirwe abonetse mu muryango, akabanziriza ku mugabo n’umugore, abana barayigāna, abashyitsi bakayahaha, maze icyo cyitegererezo cyiza kikanduza benshi mu kanya gato.

« Ujye ugira umwete wo kuyigisha abana bawe, ujye uyavuga uko wicaye mu nzu yawe, n’uko ugenda mu nzira n’uko uryamye n’uko ubyutse. Uyahambire ku kuboko kwawe akubere ikimenyetso, uyashyire mu ruhanga rwawe hagati y’amaso yawe. » (Gutegeka 6:7-8)
Umugabo n’umugore bagomba kugirirana urukundo n’ubwubahane bya magirirane. Iyo atari uko bibaye, urugo rwabo rurahinyuka, umwiryane n’amahoro make, igihombo cy’ubutunzi, amakimbirane, bihinduka imva ndende ihambwamo umunezero wabo n’uw’ababo, ndetse n’abandi muri rusange.





UBUREZI BUBONEYE


Uburezi ni iki? Ni inzira nshya kandi nziza yo gukura umuntu mu bujiji, mu mafuti no mu binyoma, ukamwerekeza mu kuri, gukiranuka, ubutabera n’ubutungane.
Uburezi buva ku Mana bukwiriye umuntu wese. Abantu bose babaye intwari, ibirangirire n’ingirakamaro ku isi, kuri benshi muri bo wari umusaruro w’uburezi bwiza.

Dore ibyagiye biranga izo ntwari :
· Imikorere ifite gahunda
· Intego yo gukingira abandi akaga
· Umutima uboneye wo kubagoboka
· Kwiha amahoro mu gihe gikomeye
· Gukora ibyiza byinshi mu gahe gato
· Kwigira ku byabaye ku bandi
· Kuyoborwa n’umutimanama
· Kwemera ingorane, uzira ibyiza

Ibyo byabaga byaratewe n’ubushake bwiza bwo kwiyobora, kwitegeka, guhitamo neza no kwifatira imyanzuro.
« Uhore ubikomeje ku mutima wawe, ubyambare mu ijosi, nugenda bizakuyobora, nujya kuryama bizakurinda, kandi nukanguka bizakubwiriza. Kuko itegeko ari itabaza, amategeko ari umucyo. Kandi ibihano byo guhugura ari inzira y’ubugingo. » (Imigani 6:21-23)
« Ubukwe (ari yo ntango y’urugo) ni imwe mu mpano z’ibanze Imana yahaye umuntu, ni rimwe mu mahame shingiro abiri Adamu yagumanye akimara kugwa akayasohokana muri Paradiso. Iyo amahame y’ijuru yubahirijwe, ubukwe ni umugisha. Ni ingabo ikingira kwera n’umunezero wo mu rugo. Burangiza amakene yo kubana neza n’abandi, bigakuza imiterere y’impagarike, ubwenge bushinzwe gutunganya, kandi ni bwo bwongera ubuhanga. (Patriarches et Prophètes, p. 24)
Umugabo n’umugore bashaka urugo rwiza bagomba guharanira kumvira Imana no guhatanira kugera ku mico ikurikira : « ...kuba neza, kuba umunyakuri, gukiranuka, ingeso nziza, kwirinda, umutima uboneye, urukundo rwa kivandimwe, gukunda Imana. » » (Témoignages, vol. 1, p. 329)



Ibiranga umuryango mwiza




Umuryango mwiza urangwa n’uko buri wese yujuje inshingano ze neza, adahaswe, kandi mu bufatanye, ashakira amahoro n’inyungu mugenzi we, ashaka ko yubahwa, agakundwa.



Umugabo :



Nk’umutwe w’urugo, agomba kurutunga, kuruha gahunda no kugenzura icyerekezo cy’uburezi.
« Bijya bibaho kenshi ko umugore n’abana bahura n’ingorane y’ubunenganenzi yo kudashyika cyangwa akamenyero kabi k’umugabo ari we se w’abana. Uwari kugira ngo mugenzi we abe yarabisuzumye mbere yo gushyingirwa, hakurikijwe umugenzo wa kera, intimba zikomeye ziri mu miryango ntiziba zarabayeho. » (PP, 167)
Ba Se b’imiryango babonaga ko nta makenga yaba arimo baramutse bashinze umunezero w’abakobwa babo abagabo batigeze bazigama ibyo kuzabeshaho umuryango. Iyo abo bagabo babaga batazi gucūnga neza ibyabo no gukora ngo bagere ku butunzi no ku bukonde, byari ngombwa gutinya ko ubuzima bwabo bwazaba ubw’ubuhanya. (Patr. et Proph., p. 167)



Umugore mwiza :
· Ni inyunganizi akaba n’umufasha w’umugabo we.
· Ni umurezi wigānwa cyane n’abo yabyaye.
· Ni irembo imigisha y’umuryango inyuriramo ngo igere ku be no ku bandi.
· Ni urwego amahoro, ubwenge n’ubuzima byuririraho ngo bigere ku bo ashinzwe.
· Ni icyungo gihuza umuryango w’aho ava n’uwaho yashatse, n’abaturanyi.
· Ni ikigega cy’amazi abaturanyi bavomamo umubano mwiza
· Ni umuhuza wica ubwanzi n’amakimbirane




Ni yo mpamvu Bibiliya yamwise umuzabibu (raisin).



Umuzabibu ni ikimera gifite intungamubiri nyinshi, nka vitamini B1 itera gahunda n’itumanaho ryiza, B2 itera kwibuka, n’uruhu rutoshye, B6 itera amahoro, umutekano wo mu bwenge no kwihanganira ibikubabaza. Muri rusange, umuzabibu uri mu biti bitera umutima gukora neza, koroshya amaraso, utera n’ubushake bwiza mu mibonano y’abashakanye.
Umugore mu gikōni agomba kumenya ibyo kurya bitera igikuriro, ubwenge n’imbaraga.
« Nyina w’abana ashobora gutanga icyitegererezo cy’umugisha, kikazagira ingaruka yo kuzahora kinezeza umutima we. Umurimo we ni uwo kurema imico y’abana be ngo bamere nk’Icyitegererezo cyo mu ijuru (Yesu), akayobora intambwe zabo, abanyuza hagati y’ubukungu bwiza n’ububi, mu kayira kabaganisha mu cyubahiro cy’ijuru, kugira ngo abigereho na we agomba gukurikiza inyigisho za Yesu. » (PP, p. 561)



Abana beza :


Barangwa no gukunda ababyeyi bombi, kubaha no guha agaciro ababaruta n’abo baruta, gahunda nziza mu mikorere yabo, umwete wo gutegura ahazaza habo.
Bashimishwa no kugira uruhare mu mirimo yo mu muryango. Babwira ababyeyi aho bagiye, n’igihe bateganya kugarukira, bakanabamenyesha ko bamaze kugaruka. « ...Bene Eli ntibatinyaga Imana kandi ntibubahaga se. Ibyo byatumye Samueli adashaka

gufatanya na bo. Kandi ntiyiganaga imyifatire yabo. Ikintu yahoraga ashimikiriye, kwari ugushaka kuba icyo Imana yagambiriye ko aba cyo. » (Patriarches et Prophètes, p. 561)
« Umwana muto cyane ukunda Imana akayubaha, imbere ya Nyagasani aruta umugabo ufite ubushobozi n’ubuhanga ariko wirengagiza agakiza ke. Imitima y’abana bato biyeguriye Kristo, imufitiye agaciro gakomeye , kimwe n’abamalayika bagose intebe y’ubwami bwe. » (FC,269...)
Ni yo mpamvu bagereranywa na elayo. Elayo ishyushya umubiri kandi ikawubaka, yongera amaraso, irinda amagufwa, ivura impyiko n’umutima, ikingira umwijima n’agasabo k’indurwe, itera umuntu kwituma neza,…
Muri iyi nyandiko nto y’ingobokabwenge, reka tubereke ibimenyetso by’uko turi mu gihe kibangamiye umuryango :
· Hamwe uburezi bwahariwe abakozi
· Ubuzima ntibutuma ababyeyi babonana n’abana babo
· Urubyiruko rushimishijwe no kuba kure y’ababyeyi
· Umuvumba w’ibyaduka uri konona imico, ikinyabupfura n’ubuzima byacu
· Kudamarara kumaze konona byinshi


UMUGAMBI NYAMUKURU WACU :

Ibyo ntunze, imbaraga zanjye, ibyīza nzi, nanjye ubwanjye ni iby’Imana, kuko ndi igisonga n’igikoresho cyayo. Nkeneye ko n’iwanjye haba ubuturo bw’Uwiteka n’irembo ry’ijuru. Igihe ni kibi cyane, intego nyamukuru ni ukwarura abacu bakava mu bibi n’ibyonona. “Dorere, erega ni byiza n’iby’igikundiro, ko abavandimwe baturana bahuje!” (Zaburi 133:1)



No comments:

Post a Comment