BIBILIYA YONGEYE KWIBASIRWA N’ABAHAKANYI
--------------------------------------------------------------------------
Bibiliya n’ihuriro ry’amagambo yaturutse k’Uwiteka binyuze mu kanwa
k’abana bayo aribo abakurambere bakiranutse, abahanuzi n’Intumwa. Mu gihe
cy’abakurambere guhera kuri Adamu –Abrahamu nta bibiliya yariho ni ukuvuga
amagambo yanditse mu gitabo ; ahubwo amagambo y’Imana kimwe n’amategeko
yayo byari mu bwenge bwabo no mu mitima yabo uko ibisekuru byakurikiranaga
yagendaga aba uruhererekane kubwo kwigisha urubyaro rwabo bari bagifite ubwenge
butaraga n’impagarike nzima. Ijambo ry’Imana ritugaragariza neza ko mu myaka 930
Adamu yabayeho (Itang :5 :5)
yigishaga urubyaro rwamukomotseho guhera mwirema nta nagato yibagiwe .
« Adamu yakomoye amateka y’irema mu kanwa k’umuremyi ubwe.
Yiboneye ibyabayeho mu myaka magana cyenda
kandi n’urubyaro rwe rwamukomoyeho ubumenyi. Abambere y’umwuzure ntibagiraga
igitabo cyangwa inzu y’ibyamateka bagombaga kwifashisha. Ahubwo ubwonko bwabo
bwari buhanitse kimwe n’imbaraga z’impagarike n’izintekerezo, ntibabashaga gusa
gufata ibwo bumvise, ahubwo, babisubiriragamo urubyaro rwabo nta na kimwe
bagabanije. Kubw’ibyo, mu mu binyejana, ibisekuru icyenda byambere by’icyo gihe
baricaranaga bakungurana ubumenyi (Patriarches
et Prophètes, p. 60) kubwingaruka z’icyaha umuntu yagiye agabanuka
buhorobuhoro mu gikuriro cy’impagarike, mu ntekerezo n’imyaka y’uburame iba
mike cyane.
Nyuma y’imyaka magana ane na mirongo itatu abaisiraheli bamaze mu
bubata bwo mu gihugu cya Egiputa ; mu gihe cyo gutahuka basubira mu gihugu
cy’isezerano ubwo bari bayobowe na Mose nibwo Imana yatangiye kuvugana nabo
hakoreshejwe inyandiko kugeza ubwo nayo yabandikiye amategeko yayo kubisate
by’amabuye (Kuva 20 :1 ; Gutekeka
10 :1-5) andi yo yanditswe na Mose kandi ayandika mu gitabo (Gutegeka 31 :24) ubwo bari mu
butayu. Mose ubwe yanditse ibitabo bya bibilia bibanza Itangiriro, Kuva,
abalewi, gutegeka kwa kabiri, kubara, nuko ibindi bikurikiraho byandikwa
n’abamukurikiye , n’abahanuzi bo mw’isiraeli bahagurutswaga n’Uwiteka mbere yo
kuvuka kwa kristo ariryo sezerano rya ke
Isezerano rishya ryo ryaje risohoza ubuhanuzi bw’isezearano rya kera
ryandikwa n’intumwa zabanye na kristo. Muri aba bose banditse amagambo ya
bibilia bose bayakomoye ku Mana mu mayerekwa abo ni nk’abahanuzi kandi
berekwaga na Kristo ubwe, intumwa zagize amahirwe yo kwivuganira na we imbona
nkubone bakorana nawe niyo mpamvu Yesu Kristo yababwiye ati « abahanuzi bose bifuje kureba
ibyo mureba ubu ariko ntibabibasha niyo mpamvu mu hirwa (Luka 10 :24) ari amagambo y’isezerano rya kera ni rishya yose
inkomoko yayo ni Kristo. Dore uko intumwa zibihamya :
-
2 TIMO 3 :16 :Ibyanditwe byera byose byahumetwe n’Imana kandi
bigira umumaro wo kwigisha abantu
-
2 PETERO
1 :19-21 :Abantu b’Imana bavugaga ibyavaga ku Mana bashorewe
n’Umwuka Wera
-
ABAHEBURAYO
1 :1 :Kera Imana yavuganiye na ba sogokuruza mu kanwa k’abahanuzi mu
bihe byinshi no mu buryo bwinshi,naho muri iyi minsi y’imperuka yavuganiye
natwe mu kanwa k’Umwana wayo
Nicyo cyaytumwe yohana asoza
igitabo cy’ibyahishuwe agira ati : “Uwumva wese amagambo y’ubu buhanuzi
bwiki gitabo, ndamuhamiriza nti : Nihagira umuntu uzongera kuri yo, Imana
izamwongereraho ibyago byanditswe muri iki gitabo. Kandi umuntu ukura ku magambo
y’iki gitabo cy’ubu buhanuzi, Imana izamukura ku mugabane wa cya giti
cy’ubugingo no kuri rwa rurembo rwera byanditswe muri iki gitabo Ibyah :22 :18-19 »
Intambara itorero ry’intumwa
ryanyuzemo kubwo guhamya Yesu Kristo no kwandika amagambo ya Bibiliya hamenetse
amaraso menshi y’abera ariko byageze ubwo bibiliya yashyizwe mu biganza
by’abana b’Imana nabo barayigundira cyane kuko ariyo byiringiro byabo. Aho
satani yananiwe gusibanganya abera n’ijambo ry’Imana akoreshaje ingufu
yabigezeho akoresheje uburyarya.(
Tragédie des Siècles, p. 123) kwandikwa kwa bibiliya byashoreje ku ntumwa
nkuko tubibona mw’itangiriro kugeza mu byahishuwe ni ibitabo 66 by’isezerano
rya kera n’irishya (ni nabyo abagorozi bakurikiyeho bahindura bibiliya mu ndimi
zitandukanye bahamije ko aribyo by’ukuri) ibindi by’ikirenga bitangiye kuboneka
muli Bibiliya y’iyerusalemu yanditswe na kiliziya gatulika inkomoko yabyo ntabwo
izwi. Ikindi na none nuko kiliziya gatorika yatse abantu bibiliya muli cya
gihe cy’umwijima(Tragédie des Siècles, p. 51 ) nibwo yabonye uko yinjiza ibinyoma
byayo bifite inkomoko mu bupagani.
Haje gukurikiraho abagorozi
barwanya ibyo binyoma bafite intego yo kugarurira abantu bibiliya (Tragédie des Siècles, p. 419) yari
imaze igihe yarambuwe abantu Luteri yaje kubona bibiliya munzu y’ibitabo(Tragédie des Siècles, p. 129) atari azi
ko inabaho, kandi atigeze abanaho na rimwe …. Ubwo byabaye ku nshuro ye yambere abona bibiliya
yuzuye .
Abagorozi bose babayeho babwiriza ijambo ry’Imana nta Bibiliya
biyandikiye ahibwo bayihinduye mu ndimi nyinshyi zitandukanye. Bibilia ya mbere
yanditswe mu giheburayo n’ikigiriki (Tragédie
des Siècles, p. 181) dore urugero :
ABAVODWA : Nabo mu misozi ya piyemo babonetse mugihe
cy’umwijima w’ubupapa, ubwo Roma yasibanganyaga amategeko y’Imana nibo
bakomezaga Isabato kandi bubatse kurufatiro rw’ijambo ry’Imana kuko ariryo soko
y’ubukristo nyakuri. Bari barahawe inyigisho n’ababyeyi babo barwaniraga kugundira kwizera « kw’itorero
ry’intumwa » kwizera kwahawe abera rimwe risa kugeza iteka ryose ;
biswe itorero ryo mu butayu nibo bambere i Burayi, bari bafite Bibiliya yali
yanditswe n’intoke yahinduwe mu rurimi rw’iwabo hari hashize n’imyaka myinshi mbere
yuko ubugorozi bubaho .Kuba bari bafite icyo gitabo cy’ukuri byabahagukirije
urwango rukomeye barwanira guhindanya kw’ibyanditswe (Tragédie des Siècles, p. 66-67) Appendice Bibilia mu bufaransa Tragédie des Siècles, p. 744
Nta wamenya icyo isi igomba abo bantu. Bafashwe nk’abanyabinyoma,
barakobwa,imirimo yabo ivugwa nabi inyandiko zabo zirasekereswa,
barazipfobya baranazanga, ariko bakomeza
gushikama batajegajega barinda kwera no kwizera kugira ngo bihererekanywe mu
binyejana bizakurikirana, uwo murage wera ku rubyaro rwabo. Tragédie des Siècles, p. 61
WICLEF : Nk’umwigisha wa théologia muli oxford wiclef yabwirizaga ijambo ry’Imana
abamutegeraga amatwi muli iyo kaminuza. Umurimo yahaye agaciro ni guhindura ibyanditswe
byera mu rurimi rwicyongereza. Mu gitabo cye yise « De la véracité et du
sens des Ecritutes ; yagaragaje ibyifuzo bye byo gusobanu bibiliya kugira
ngo buri mwongereza wese abashe gusoma ibitangaza by’Imana mu rwe rurimi rwa
kavukire (Tragédie des Siècles, p. 89)
Umwuga w’icapiro wabaga utaramenyekana, uwo murimo wagendaga
buhorobuhoro kandi ugoranye kugira ngo
haboneke bibilia nyinshi. Kubw’abantu bari bakangukiye inyungu y’icyo gitabo
kuburyo nubwo abahagurukiye gukopora bayandika ntabwo babashaga kuzigeza
kubazisabaga bose. Abagabo b’abakire
bifuzaga kugira bibilia yuzuye . Abandi baguraga ibice. Kenshi
n’imiryango yariteranyaga kugira ngo ibone Bibiliya imwe ihuriyeho nguko uko guhindura ibyanditswe kwa weclef
bitatinze kugera mu biganza by’abantu bo muli Rubanda. Tragédie des Siècles, p. 9
LUTHER : Avuye i wortbourg aho yari afungiwe (Tragédie des Siècles, p. 177) nibwo yaranngije guhindura isezerano
rishya… Abonye uko yakiranywe ubwuzu atangira no guhindura isezerano rya kera
maze ayiha abaturage bo mu budage mu rurimi rw’iwabo, babyakirana ibyishimo
nubwo yanzwe igasuzuurwa n’abayobotse ibihimbano n’amategeko by’abantu. (Tragédie des Siècles, p. 202)
LE FEVRE : Mu bufaransa nawe ahindura isezerano rishya igihe Luteri nawe
yarimo akwirakwiza ibyanditswe mu
kidage, mw’isezerano rishya mu gifaransa ahitwa Meaux Tragédie des Siècles, p. 227
TYNDALE :
Mu bwongereza, Tyndale afata umwanzuro wo guhindura isezerano rishya mu rurimi
rw’iwabo, bamwihakanye aho yari atuye ajya i londoni aho yakoze uwo murimo
adakomwa mu nkokora. Ariko kubw’ibitero by’ubupapa bituma yongera guhunga afata
umwanzuro wo kujya mu budage asaba kwakirwa ; aho niho yatangiriye
gusohora igitabo cye cy’isezerano rishya. Igihe bamubuzaga kugicapira mu mudugudu
umwe yajyaga mu wundi. Incuro ebyiri zose umurimo we wakomwe mu nkokora. Ajya i
worumosi aho Luteri yahamirije ukuri imbere y’inteko muri uwo mudugudu wa kera
harimo incuti nyinshi z’ubugorozi, Tyndale arangiza umurimo we atongeye gukomwa
mu nkokora. Asohora ibihumbi bitatu by’isezerano rishya…
Abanze bubugorozi bashaka kuyisibanganya. Umunsi umwe umusenyeri w’i
Durham yagiye kw’icapiro ry’incuti ya
Tyndale agura stock yose ya Bibilia azijugunya mu muriro yibwira ko gukwirakwiza kwazo bikomwa mu
nkokora. Ahubwo uwo mulimo urushaho gutera imbere muli ayo mafaranga uwo
musenyeri yatanze hacapishwa izindi
nziza gusumbya izambere. Igihe Tyndale yafatwaga bamubaza aba mufashije
mw’iterambere ry’icapiro, asubiza ko umusenyeri w’i Darham yamufashije cyane
kubwo kugura stock yose y’iduka kugiciro cyiza akaba aribyo byamuhaye uburyo
bwo kujya mbere n’umwete Tragédie des Siècles,
p. 265-266. Tyndale afungwa imyaka myinshi mu buroko ; kubw’ubuhamya
yatangaga biherutswa no gutanga amaraso ariko intwaro yateguriye abasirikare
zabahaye ububasha bwo kurwana bagera ku nsinzi kugeza n’uyu munsi.
OLAF PETRI : Muli Siwede ; Umwami wo muri icyo gihugu amaze kwakira
ubutumwa bw’abagorozi yasabye ko bahindura isezerano rya kera , nguko uko
Siwede yagize bibilia mu rurimi rwabo. Inteko itegeka ko buri bagabura bose
biby’iyobokamana bakoresha Bibilia ijambo ry’Imana ryonyine kandi n’abana
batangire kwiga ku yisoma mu mashuri Tragédie
des Siècles, p. 260.
IMIRYANGO YA BIBILIYA
Mu 1804 : Umuryango wa bibilia w’ubwongereza n’amahanga wakurikiwe
n’ishyirahamwe ry’uburayi n’imiryango myinshi yo kunganira . Mu 1816 :
Umuryango wa Bibiliya muli Amerika, mu 1918 umuryango wa Bibiliya
w’abaprotestanti i Parisi. Igihe umuryango wa Bibiliya mu bwongereza
washyirwagaho, ibyanditswe byera bya sohokaga mu ndimi mirongo itanu, kuva ubwo
byariyongereye kugeza ku ndimi magane inane. Iterambere ry’umulimo w’icapiro
ryafashije cyane ikwirakwizwa ry’ibyanditswe byera… guhera 1971 Bibiliya
yagurishwaga no mu duhanda tw’i Roma kugeza ubu irakwirakwizwa mu turere twose
dutuwe tw’isi Tragédie des Siècles, p. 309 ;
IHINDANYIJWE N’ABAGOMBAGA
KUYIRENGERA
Kuva kera umugambi wa satani wari uwo gusibanganya bibiliya. Igikoresho
yifashije rero ni kiliziya gatolika impamvu bivugwako Gatolika yabayeho mu gihe
cy’umwijima, nuko icyo gihe nta bibiliya yabagaho ahubwo hakurikizwaga imihango
n’imigenzo yavuye mu bupagani igafatwa nk’umuyobora uzabageza mw’ijuru nicyo
cyatumye ibwirwa ngo aho yicaye niho intebe ya satani iri (Ibyahishuwe 2 :13) mu minsi ya Antipa umugaragu wanjye yiciwe
iwanyu aho intebe ya satani iri . Antipa uwo n’abagorozi barwanyije ubupapa ngo
bagarurire abantu ijambo ry’Imana (nibo biswe les protestants). Ari nabo
twaberetse haruguru bakoze uwo mulimo ukomeye wo kuyihindura mu ndimi z’iwabo.
Mu gihe cya kera kiliziya Gatolika yabanje kubuza abantu kwisomera
Bibiliya irekerwa mu biganza by’abapadiri gusa, kugez’ubwo yazimangatanye
burundu mu bantu niyo mpamvu Luteri yatangajwe no kubona igitabo atarazi cyari
mu rurimi rw’ikiratini gihambirije umunyururu (Tragédie des Siècles, p. 129-130) atangazwa nacyo, aragisoma
ashyira ahagaragara ibinyoma 95 bijyaniranye n’indurugensiya (ibyerekeye
kubabarirwa ibyaha)
Muli icyo gihe cy’ubugorozi nibwo amaraso y’abera y’amenetse aratemba,
n’abandi baratwikwa bazira ukuri bicwa n’abiyitirira ko ari abakozi b’Imana
kandi ntakindi bazira uretse gusoma Bibiliya (Premiers Ecrits:214) ubu kiliziya (Ubupapa) buriyoberanya
ngo bugere ku mugambi wabwo bw’ihinduye nkuruvu ariko buracyafite ubumara
nk’ubwinzoka. Mu mateka yabwo y’imyaka ibihumbi yandikishijwe amaraso y’abera
ni gute twawemera nk’umuryango wa gikristo ? Tragédie des Siècles, p. 620.
Mugihe abaprotestanti barimo n’abadivaentiste banze inyigisho za roma
kuva kera bakicwa ndetse urupfu ruteye ubwoba, ubu bafatanyije nayo, mu mugambi
wo kugera ku ntego yayo, baguye mu kaga nkako itorero rya mbere ryaguyemo
ryagabanije kwizera kwaryo ryifatanya n’ubupapa ritekereza ko rizabihanisha
maze satani aba abonye icyanzu itorero ararihindanya, yinjira mu bantu abateshura
ku kuri kw’ijambo ry’Imana. Umushyikirano wagezweho wo kuvanga ubukristo
n’ubupagani kwiyunga kw’abizera n’abasenga ibigirwamana byanduza ubukristo,
itorero ritakaza kwera n’imbaraga (Tragédie
des Siècles, p. 43).
GATURIKA NTIYAHINDUTSE
Na nubu ntiyihannye ubwicanyi yakoreye abakristo « ibicumuro
n’umwijima muby’umwuka byariho mu gihe cy’ubupapa byari ingaruka idasubirwaho
yo gukuraho ibyanditswe. None ubu impamvu yo kutizera kwa baye gukwira
ivahe ? kwanga amategeko y’Imana, guhindana k’uburyo ryose kandi abantu
bari munsi y’umucyo w’ubutumwa bwiza no mu kinyejana cy’umudendezo
w’iby’iyobokamana ? Ubu ubwo satani adashobora gushyira abantu mu bubata
abambuye bibiliya, yifashisha andi mayeli (kugabanya) kwizera ko mw’ijambo
ry’Imana kuko binganya agaciro no kurikuraho Tragédie des Siècles, p. 635-636.
« Neretswe ko Imana yarinze Bibiliya by’umwihariko. Igihe yabaga
itarakwira kwizwa cyane, abanyabwenga bamwe bagiye bahindura amagambo amwe
n’amwe, batekereza ko aribwo bayumvikanisha neza, ahubwo ibyumvikanaga babigira
idadi.bisobanurira uko babyumva kuko buzuyemo umwuka w’ibihimbano. Neretsweko,
ijambo ry’Imana rikoze ikintu kimwe, ni
nk’umunyururu wuzuye, kuko umurongo usobanura undi » Premiers Ecrits :220
Satani amaze kubona ko
atazashobora abakristo akoresheje agahato n’ubwicanyi yafashe umwanzuro wo
gukoresha uburyo buryoheye abantu. Yari amaze kugabanya inyigisho za Bibiliya
n’ibihimbano byagombaga kuzimiza za miliyoni z’imitima y’abantu byari bimaze
gushinga imizi.Ahitamo kuba arambitse akarengane yinjiza mu itorero ibihimbano
byinshi, kugira ngo abisimbuze kwizera kwahawe abera rimwe risa. Igihe yabonaga
itorero ryemeye kwakira inyungu n’ibyubahiro by’isi, ryitwaje ko rizabikuramo
inyungu, nibwo ryatangiye kubura amahirwe ku Mana. Rireka kubwiriza ukuri
kwagombaga gukura muri ryo abakunda ibibanezeza by’isi, rigenda ritakaza buhoro
buhoro imbaraga. Premiers Ecrits,
p.226-227.
MBESE AMADINI YANDUYE NAYO YAKWANDIKA BIBILIYA?
Amadini yaguye ntabwo yahamagarirwa kubwiriza ahubwo ni kwihana
kiliziya Gatolika yabanje kwaka abantu Bibiliya, binaniranye irabica ikoresheje
kubatwika no kubaterera inyamaswa zinkazi nabyo binaniranye ifata umugambi wo kugoreka ibyanditswe ngo
abantu bahere mu rujijo bigereranya no guhindura ibyapa biri mu mahuriro
y’inzira nta wundi mugambi ari kugira ngo abagenzi bayobe (Prophètes et Rois, p.134)
icyagushije abaprotestanti nubwo batangiye barwanya ibihimbano
n’ibinyoma by’i roma ariko hanyuma bagenda bagabanya kwizera kwabo biyuzuza
n’ubugatulika bibwira ko bazabihanisha nyamara bibagiwe ko kiliziya Gatolika
idashobora kwihana usibye gusa abana b’Imana bayirimo basabwa kuyisohokamo
bakifatanya n’itorero ry’ukuri. Itangiriro ryo kugwa kw’abaprotestanti ngiri:
“Igihe abigisha ba teologia b’abaprotestanti batangiye kwigira hamwe bibiliya
n’abanyateologiya b’abagatulika n’ibwo umworera wabatandukanyaga wakuweho (Demain apocalypse repond :
P.225) maze baba umwe; bashyiraho n’icyumweru cyo gusabira ubumwe bikorwa
buri mwaka guhera ku ya 18-25/12/ iyi minsi irindwi yose bayitangiza bari mu
nama zo kwiyunga. Nti byatinze ubu n’abadiventiste bagereranywaga n’umurinzi
wok u munara urebera ikibi iyo cyaturuka nawe amaze kwicarana na malaya imbere
y’inzoga yateretswe.
AMASOMO BAZAMBIJE :


No comments:
Post a Comment